MUTAKWASUKU Ivona |
Mu mpera z’umwaka w’2012 no mu ntangiriro z’umwaka w’2013, umujyi wa Gitarama wagaragayemo ibikorwa byibasira abaturage kandi bikaba ku bantu bose nta kurobanura. Icyo gihe i Gitarama hadutse abantu batemaguraga abantu ku mugoroba no mu rucyerera maze bamwe bahindurwa ibimuga.
Muri ibyo bikorwa by’urukozasoni kandi bigayitse, abaturage b’i Gitarama baratemwe karahava. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Madamu MUTAKWASUKU Yvonne mu nama yakoreye abaturage kuri Sitadi ya Gitarama icyo gihe yavuze ko ibyo nta bwoba biteye.
MUTAKWASUKU Ivona uyobora Akarere ka Muhanga uvuga ko nta kibazo mu gihe abaturage batemwa amajosi none bakaba batangiye no guterwa ibyuma n’abicanyi ba Kagame na FPR ahagarariye i Gitarama
Uyu mutegetsi ariko kandi w’umubyeyi yavuze atya mu gihe bamwe mu baturage bari bamuri imbere bari bafite ibikomere ndetse nawe abibona ariko akabirengaho akavuga ko nta kibazo bikwiye kubatera ngo kuko bikomoka ku mwanzi w’u Rwanda kandi akaba atazanesha ubutegetsi buriho.